Articles





UBWIZA N'AGACIRO KO GUSIBA MU KWEZI KWA





MUHARAMU





فضل صيام شهر محرم





BYATEGUWE MU KINYARWANDA





NA:





SHEIKH SIBOMANA MAHMUD





بسم الله الرحمن الرحيم





UBWIZA N’AGACIRO KO GUSIBA MU KWEZI KWA MUHARAMU


 





Ishimwe n'ikuzo ni iby'Imana yonyine amahoro n'imigisha bisakare ku ntumwa yacu muhamadi yo yahawe umuyoboro uzira amakemwa na none ayo mahoro n'imigisha bigere no kubantu b'iwe no kubasangirandendo be n'abamukurikiyen'abazamukurikira kugeza ku munsi wa nyuma;





Ukwezi kwa Muharamu ni ukwezi gufite imigisha n’ibyiza byinshi bihambaye,niko kwezi kwa mbere ku mwaka wa kislamu kandi kukaba mu mezi ane matagatifu,Imana yavuze igira iti: “Muby’ukuri umubare w’amezi ku Mana ni cumi n’abiri ,niyo Imana yanditse kuva igihe yaremye ibirere n’isi,muri ayo mezi harimo amezi ane azira (matagatifu), iyo ni Idini itunganye muramenye ntimuzayahuguzemo imitima yanyu”.





Qor’an 9:36.


Intumwa Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) yaravuze iti: “Umwaka ufite amezi cumi n’abiri harimo amezi ane matagatifu ariyo atatu akurikirana :





1- Dhul Qaadah





2- Dhul’Hijjah





3- Muharamu





4- Radjab uku kwezi kuri hagati y’ukwezi kwa Djumada Thani n’ukwezi kwa Shabani”.





Iyi mvugo iboneka mu gitabo cya Bukhari n’icya Muslim.








Icyitonderwa:





Aho Imana ivuga iti: “Ntimuzayahaguzemo imitima yanyu mukora ibyaha”.





Bisobanuye ko kizira gukora icyaha no muyandi mezi asanzwe atari aya ane matagatifu, ariko igikozwe muri aya mezi ane kiba kiremereye by’akarusho ndetse n’ibihano byacyo ku Mana biba byikubye kenshi kubera gutatira icyubahiro cyayo.








GUSIBA MU KWEZI KWA MUHARAMU








Intumwa Muhamadi (Allah amuhe amahoro n’imigisha) yaravuze ati: "Igisibo cyiza nyuma ya Ramadhani n’igisibo cyo mu kwezi kwa Muharam".





Iyi mvugo iboneka mu gitabo cya Muslim n’icya Ahmad.








GUSIBA UMUNSI WA CUMI MU KWEZI KWA





MUHARAMU








Intumwa y'imana Muhamadi (Allah amuhe amahoro n’imigisha) igeze mu mujyi wa Madinah yasanze Abayahudi basiba umunsi wa cumi mu kwezi kwa Muharamu,maze irababaza iti:kubera iki muwusiba?baramusubiza bati:“uyu ni umunsi mwiza,niwo munsi Imana yarokoyeho Intumwa yayo Musa n’Abayisirayeli ibakiza umwanzi wabo Firauni n’ingabo ze barohama mu nyanja,Intumwa y’Imana Musa yajyaga iwusiba mu rwego rwo gushimira Imana”, Maze Intumwa Muhamadi (Allah amuhe amahoro n’imiigisha) iravuga iti: “Ni jyewe ukwiye gukurikiza Intumwa Musa kubarusha, kuva icyo gihe itangira kuwusiba inategeka abayislamu kuwusiba”.





Iyi mvugo iboneka mu gitabo cya Muslimu.








IBYIZA BYO GUSIBA UMUNSI WA CUMI W’UKWEZI KWA MUHARAMU








Intumwa y’Imana yajyaga ikurikirana ukwezi cyane kugirango imenye iminsi yo gusiba ariko byabaga akarusho ku munsi wa cumi w’ukwezi kwa Muharamu n’ukwezi kwa Ramadhani. Naho ku byiza n’ibihembo byo gusiba uwo munsi, Intumwa Muhamadi (Allah amuhe amahoro n’imigisha) yaravuze ati: “Umunsi wa cumi w’ukwezi kwa Muharamu nizeye ku Mana ko uwusibye bimuhanaguraho ibyaha by’umwaka washize wose”.





Iyi mvugo iboneka mu gitabo cya Muslim.








INZEGO ZO GUSIBA UMUNSI WA CUMI








Gusiba uyu munsi bifite inzego n’uburyo butatu busumbana mu bwiza bukaba buteye butya:








*Gusiba umunsi wa cumi wonyine.





*Gusiba umunsi wa cumi ukawufatanya n’uwa cyenda,ubwo ugasiba iminsi ibiri uwa cyenda n’uwa cumi,ibi bikaba ari byiza kuruta *Gusiba umunsi wa cyenda n’uwa cumi n’uwa cumi n’umwe,ukaba usibye iminsi itatu,ibi bikaba ari byo byiza kurusha ubundi buryo bwose twagaragaje, mu rwego rwo kwitandukanya n'abayahudi bafungaga.







Recent Posts

Ek het Islam as 'n go ...

Ek het Islam as 'n godsdiens verkry sonder om my geloof in Jesus Christus, vrede sy met hom, of enige van die profete van die Almagtige God te verloor

Naronse Islam nk’idin ...

Naronse Islam nk’idini ntarinze gutakaza ukwizera mfise kuri Yezu Kristu (amahoro abe kuri we), canke ku bandi bose bahanuzi b’Imana Mushoboravyose

Nabonye Ubusilamu nk’ ...

Nabonye Ubusilamu nk’idini ntatakaje ukwemera mfitiye Yezu Kristu (amahoro abe kuri we), cyangwa undi muhanuzi uwo ari we wese w’Imana Ishoborabyose

Ngamukele ubuSulumane ...

Ngamukele ubuSulumane njengenkolo ngaphandle kokulahlekelwa ukholo kuJesu Kristu, ukuthula makube kuye, noma kunoma yimuphi wabaprofethi bakaNkulunkulu uMninimandla onke